“Assumption,” umunsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya usobanuye byinshi ku bakristu, ni ayahe mateka ubumbatiye?

Assumption ni umunsi ukomeye ku bakirisitu, by’umwihariko abakristu gatolika ukaba wizihizwa buri wa 15 Kanama buri mwaka. Assumption biva ku ijambo ry’ikilatini ‘Assumptio’ bisobanura kujyanwa/kuzamurwa. Uyu munsi wizihizwa hafi ku Isi hose, mu bihugu byinshi abaturage baba bishimye ndetse n’ibigo byinshi bya Leta n’ibyigenga biba byatanze ibiruhuko ku bakozi babyo. Hano mu Rwanda benshi baba […]

Continuer la lecture

Perezida Ndayishimiye atewe impungenge n’abagabo batakibasha gutera akabariro

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagaragaje ko ahangayikishijwe no kuba abagabo b’i Bujumbura barishoye mu biyobyabwenge n’inzoga zikaze, bikabambura ubushobozi bwo gutera akabariro. Ubwo yari mu muhango wo gushyiraho Guverineri wa Bujumbura, Gen Maj Aloys Ndayikengurukiye, byabereye muri Stade Intwari tariki ya 12 Kanama 2025, yamumenyesheje ko mu bibazo byugarije abatuye muri iyi ntara harimo […]

Continuer la lecture

Minisitiri w’intebe Dr Nsengiyumva Justin, yahaye impanuro abarangije itorero indangamirwa

Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin, yasabye abasore n’inkumi barangije Itorero Indangamirwa, guharanira guteza imbere u Rwanda aho bari hose birinda kuba ibikoresho by’amahanga. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 14 mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, ubwo yasozaga Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15. Ni icyiciro cyatojwemo abasore n’inkumi […]

Continuer la lecture

Uganda: Uwahoze ari umupolisi afungiwe kwakira umushahara w’imyaka itatu yaravuye mu kazi

Urukiko rwa Uganda rushinzwe kuburanisha ibyaha bya ruswa ku wa 13 Kanama 2025 rwaburanishije uwahoze ari umupolisi, Francis Oyet, ushinjwa kwakira umushahara mu gihe cy’imyaka itatu kandi atagikorera Leta. Oyet w’imyaka 44 y’amavuko yasezeye muri Polisi ya Uganda ku bushake muri Nzeri 2020. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko kuva icyo gihe kugeza mu Ukwakira 2023, yakiriye umushahara […]

Continuer la lecture

Meteo Rwanda yatangaje ko ubushyushye buziharira igice cya kabiri cya Kanama mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko igice cya kabiri cya Kanama kizarangwa n’ubushyuhe busanzweho mu bihe by’impeshyi, bitandukanye n’igice cya mbere cyaranzwe n’ubwiyongere bw’imvura. Mu gice cya mbere cy’uku kwezi, hagati ya tariki ya 1-10 Kanama, mu bice bitandukanye by’igihugu haguye imvura nyinshi ugereranyije n’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri aya matariki, nubwo igipimo […]

Continuer la lecture

Muhanga: Polisi yaburiye abamotari biseseka mu bindi binyabiziga

Umuyobozi wungirije mu Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ushinzwe no gukurikirana abatwara abagenzi kuri moto by’umwihariko, CSP Vincent Habintwari, yabashishikarije gucika burundu ku makosa akunze kubagaragaraho rimwe na rimwe akabateza impanuka za hato na hato. Ni ingingo yagarutseho ku wa 13 Kanama 2025 ubwo yari mu Karere ka Muhanga mu bukangurambaga bwa […]

Continuer la lecture

Minisitiri Umutoni yasabye urubyiruko guhanga ibishya bifashishije ikoranabuhanga

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yasabye urubyiruko kwifashisha ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu guhanga ibishya hagamijwe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025, ubwo yifatanyaga n’urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko. Ni umunsi wabanjirijwe n’imurikabikorwa no kwerekana impano by’urubyiruko […]

Continuer la lecture

Constant Mutamba yigereranyije na Nelson Mandela wafunzwe nyuma akayobora Afurika y’Epfo

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yigereranyije na Nelson Mandela wafunzwe imyaka 27 azira kurwanya politiki y’irondaruhu nyuma akayobora Afurika y’Epfo. Mu iburanisha rya nyuma ryabaye ku wa 13 Kanama 2025, Mutamba yasabye imbabazi ku bwo kwibasira abacamanza babiri baheruka kwikura mu rubanza, ubwo yabashinjaga kumutera ubwoba no kumurwanya. […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC na SADC ku mutekano muri RDC 

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Iterambere ry’Afurika y’Amajyepfo (SADC) Ni inama yabaye kuri wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025, ku buryo bw’ikoranabuhanga, kugira ngo basuzume intambwe imaze guterwa mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]

Continuer la lecture

Rusizi: Inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi hangirikiramo iby’arenga miliyoni zirenga 15 Frw

Inzu y’umuturage wo mu Karere ka Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka n’ibyarimo byose bivugwa ko byari bifite agaciro k’arenga miliyoni 15 Frw. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murangi, Akagari ka Kamurera, Umurenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ku wa 13 Kanama 2025. Saa 11:40 ni bwo umwana wo muri urwo rugo yarashe […]

Continuer la lecture

Icyo Uganda izakora intambara yo muri RDC nikaza umurego mu mboni za Gen Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko intambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo niyongera gukaza umurego, igihugu cye kizarengera inyungu zacyo. Ingabo za RDC n’ihuriro AFC/M23 ku wa 12 Kanama 2025 byashinjanye ubushotoranyi no gutegura intambara hirengagijwe amahame yasinyiwe i Doha muri Qatar, buri ruhande rugaragaza ko rwiteguye […]

Continuer la lecture