Gen Muhoozi yavuze ko nyuma ya Perezida Museveni nta musivili uzayobora Uganda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko nta musivili uzayobora iki gihugu nyuma ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ibi yabivuze abinyujije ku rubuga rwe rwa X (yahoze yitwa Twitter) mu butumwa bwashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Nzeri 2024. Mu butumwa bwe, Gen Kainerugaba yavuze ko inzego z’umutekano z’igihugu […]

Continuer la lecture

Ubushinjacyaha bwasabiye Mugimba Jean Baptiste igifungo cya burundu

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ubujurire guhanisha, Mugimba Jean Baptiste, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka rya CDR, igifungo cya burundu bitewe n’uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho. Mugimba Jean Baptiste, yahamijwe n’Urukiko Rukuru, Urugerero ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka gucura umugambi wo gukora Jenoside no kuba icyitso mu cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yahise ajuririra icyo gihano asaba ko yagirwa […]

Continuer la lecture

Myugariro wa Gasogi United yatumijweho na RIB mbere yo guhura na Rayon Sports

Umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, Nshimiyimana Marc Govin, yatumijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo yisobanure ku birego ashinjwa. Ibaruwa yatumijweho Nshimiyimana Govin yari iteganya ko yitaba RIB ya Kanombe ku wa Gatanu tariki ya 20 Nzeri 2024 saa tatu n’igice za mu gitondo. Amakuru atangwa na IGIHE dukesha iyi nkuru […]

Continuer la lecture

Musanze: Abantu bahishe amasura batemye umusaza w’imyaka 77

Hakizimana Alphonse, umusaza wo mu murenge wa Muko, Akarere ka Musanze, yasanzwe yakomerekejwe bikomeye nyuma yo gutemwa n’abantu bataramenyekana. Uyu musaza w’imyaka y’igikwerere, wari ubayeho wenyine, yatemwe ku wa Gatatu tariki ya 18 Nzeri 2024, aho yasanzwe mu nzu ye iri mu mudugudu wa Kabusunzu, akagari ka Cyivugiza. Nk’uko amakuru atangwa n’ubuyobozi abivuga, Hakizimana yabaga […]

Continuer la lecture

U Rwanda na Singapore byavuguruye amasezerano akuraho gusoresha kabiri

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Singapore bongeye gushyira umukono ku masezerano mashya avuguruye arebana no gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa bihererekanywa hagati y’ibihugu byombi. Amasezerano avuguruye yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gicurasi, mu gihe Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri icyo gihugu. Umuhango wo gusinya ayo masezerano […]

Continuer la lecture

Yafatiwe i Musanze nyuma yo kwiba sebuja agera kuri miliyoni 23 Frw i Kigali

Mu Karere ka Musanze, Polisi y’u Rwanda yafashe umusore w’imyaka 24 y’amavuko, ucyekwaho kwiba umukoresha we amadolari y’Amerika $17,200, agera kuri miliyoni 23 z’amafaranga y’u Rwanda. Yafatiwe mu cyuho ku wa Kane tariki ya 19 Nzeri 2024, agifite amwe muri ayo madolari n’amafaranga y’u Rwanda (Frw) 2,200, nyuma yo gukekwaho icyaha cyo kwiba umukoresha we […]

Continuer la lecture

Muhanga: Yafatiwe mu cyuho afite urumogi

Ndungutse Jean Baptiste yafatanywe urumogi yacuruzaga ku gicamunsi cyo kuri uyi wa Kane tariki ya 19 Nzeri ari mu Mudugudu wa Nyarucyamu ya III, Akagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga, arangira ubuyobozi umuntu urumuha ngo arucuruze. Uyu mugabo uvuka mu Mudugu wa Nyarucyamu ya I, mu Kagari ka Gahogo, yafatanywe udupfunyika tune […]

Continuer la lecture

Ibyihebe byatwitse indege ya Perezida wa Mali

Mali ikomeje kwibasirwa n’uruhererekane rw’ibitero by’iterabwoba, aho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2024, habaye igitero gikomeye cyagabwe ku kigo gitangirwamo imyitozo y’abapolisi kabuhariwe, kigahitana abapolisi bari ku ikosi. Iki gitero cyanateje igihombo gikomeye, harimo gutwika indege ya Perezida wa Mali n’izindi ndege za gisirikare. Kugeza ubu, Guverinoma ya Mali ntiratangaza imibare y’abishwe […]

Continuer la lecture

Polisi yavuze icyateye impanuka yahitanye abanyeshuri i Nyamasheke

Polisi y’Igihugu, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda ryasobanuye ko impanuka y’imidoka yari itwaye abanyeshuri bavaga ku ishuri, babiri bakahasiga ubuzima, yatewe n’uko umushoferi yikanze uwatwaraga igare maze imodoka ikarenga umuhanda. Ni impanuka yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Nzeri 2024, mu Murenge wa Ruharambuga w’Akarere ka Nyamasheke. Umuvugizi wa […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwabimburiye ibihugu by’Afurika gutanga inkingo za Mpox

Minisiteri y’Ubuzima yatangiye gutanga urukingo rwa Mpox ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga, abakora mu mahoteli n’ibindi byiciro byibasirwa cyane na Monkey Pox (Mpox). U Rwanda rubaye urwa mbere rwatangiye gutanga urukingo rwa Mpox muri Afurika, aho rwahereye kuri ibyo byiciro byihariye byibasiwe kurusha ibindi. Ubuyobozi bw’Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira Indwara […]

Continuer la lecture

Kaminuza y’u Rwanda igiye gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 8,000

Kaminuza y’u Rwanda yatangaje ko tariki ya 25 Ukwakira 2024, izatanga impamyabumenyi ku nshuro ya 10, ku banyeshuri hafi 8000 barangije amasomo mu byiciro bitandukanye. Ibi birori bizabera muri sitade y’ishami rya Kaminuza riherereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo. Mu itangazo, Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda bwavuze ko abanyeshuri bazahabwa impamyabumenyi bize amasomo […]

Continuer la lecture