Kirehe: Ibyumba 11 by’amashuri byasambuwe n’umuyaga

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 07 Nzeri 2024, imvura ivanze n’umuyaga yibasiye ishuri rya GS Migongo riherereye mu Kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, igasambura ibyumba by’amashuri 11. Nzirabatinya Modetse, Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Kirehe, yatangaje ko ubuyobozi bwahise butangira ibikorwa byo gusana […]

Continuer la lecture

Rubavu: Amashuri 11 yakoreraga mu bipangu nta byangombwa yafunzwe

Mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyakiliba, amashuri 11 yafunzwe kubera ko yakoraga nta byangombwa afite kandi yakoreraga ahantu hatemewe, mu bipangu by’abantu. Aya mashuri akenshi yigishaga abana b’incuke (maternelle), ariko akaba yarafunzwe bitewe n’uko atari yujuje ibisabwa n’amategeko agenga amashuri mu Rwanda. Mu itangazo ryasohotse, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba yaburiye ababyeyi bafite abana […]

Continuer la lecture

Rutsiro: Abahawe Girinka bakazakwa baratabaza

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rutsiro barasaba Ubuyobozi bw’Igihugu kubarenganura nyuma yo gukurwa inka bahawe muri gahunda ya Girinka, bavuga ko zatwawe mu buryo butasobanutse. Aba baturage bavuga ko izi nka bari bazimaranye imyaka ibiri bazitaho, none bazambuwe batabisobanuriwe. Icyakora, ubuyobozi bw’Umurenge wa Boneza burahakana iki kibazo, buvuga ko butigeze bubimenyeshwa. Hakizimana Christophe, […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yagaragaje igisubizo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kuzamura umusaruro ukomoka ku buhinzi ari ingenzi cyane mu kugabanya ibiciro ku masoko, cyane ko byinshi mu bihugu bya Afurika bigifite ubukungu bushingira cyane ku musaruro w’ubuhinzi, nawo ugashingira ku miterere y’ikirere ikunze guhindagurika. Mu gusoza Inama yiga ku buhinzi n’ibiribwa imaze iminsi itanu iri kubera muri Kigali Convention Centre, […]

Continuer la lecture

Muhanga: Umugabo W’imyaka 25 Yiyahuje kiyoda ariko ajyanwa kwa muganga atarapfa

Mu ijoro ryacyeye ryakurikiye tariki ya 6 Nzeri 2024, Jyamubandi Baptiste w’imyaka 25, utuye mu Mudugudu wa Nyarucyamu ya Gatatu, Akagali ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, yiyahuje umuti wa kiyoda ariko aratabarwa ajyanwa mu bitaro atarapfa. Nk’uko Imvaho Nshya ibitangaza, uyu mugabo yiyahuye akoresheje umuti wa kiyoda, ariko amakuru yageze ku […]

Continuer la lecture

Gatsibo: Barataka ibiciro bihanitse byo gushyingura mu irimbi

Abaturage bo mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko babangamiwe no kuba ibiciro by’irimbi byarazamuwe bigashyirwa ku 31,800 by’amafaranga y’u Rwanda, bikaba  bikomeje kubabera ihurizo mu gihe hari uwagize ibyago. Bamwe mu baturage baganiriye n’Imvaho Nshya bavuze ko ibiciro by’irimbi biri hejuru bitigonderwa na benshi, bityo abadafite ubushobozi gushyingura ababo akaba ari […]

Continuer la lecture

Umuhungu wa Perezida Biden yemeye ko yanyereje umusoro

Umuhungu wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Hunter Biden, yemeye ibyaha ashinjwa bijyanye no kutishyura umusoro mu gihe yinjizaga amafaranga menshi akorera mu bigo mpuzamahanga. Ibi byaha byatumye yemera kugirana amasezerano n’Ubushinjacyaha kugira ngo urubanza ruhagarare, nyuma yo kwemera ko atishyuye imisoro igera kuri miliyoni 1,4 z’amadolari hagati ya 2016 na 2019. Ibi […]

Continuer la lecture

Uwahagarariye umubyeyi wa Perezida Kagame mu bukwe bwe yitabye Imana

Araya Assefa, Umunya-Ethiopia wari inshuti y’akadasohoka ya Perezida Paul Kagame, yitabye Imana ku wa 6 Nzeri 2024, afite imyaka 89. Amakuru y’urupfu rwe yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga, aho Perezida Kagame yagaragaje agahinda ke abinyujije ku rubuga rwa X, agira ati: “Araya Assefa nari muzi neza cyane. Yari umugabo mwiza. Yakoreye Loni. Aruhukire mu mahoro!” Assefa […]

Continuer la lecture

Rusizi: Abagore barasaba kujya barara irondo kuko ngo abagabo babo birarira mu tubari

Mu murenge wa Nyakarenzo, akarere ka Rusizi, bamwe mu bagore baratabaza basaba uruhare mu irondo ryo kurinda umutekano. Aba bagore bavuga ko abagabo babo birarira mu tubari, ntibitabire inshingano zabo zo kurara irondo. Ibi bibatera impungenge z’uko umutekano w’imidugudu yabo usigara mu kaga, cyane cyane mu masaha y’ijoro. Mukankuranga Therese, umwe muri aba bagore, yagize […]

Continuer la lecture

U Bushinwa bushyigikiye u Rwanda mu kwimakaza Ubumwe bw’Abanyarwanda

Inama y’Ihuriro ku Butwererane bw’Afurika n’u Bushinwa (FOCAC 2024) yatanze umusaruro ufatika mu kurushaho gushimangira ubutwererane bw’Ibihugu by’Afurika birimo n’u Rwanda, aho u Bushinwa bwiyemeje gushora miliyari 50 z’amadolari y’Amerika ziyingera ku nkunga ya gisirikare. Ku birebana n’umubano w’u Bushinwa n’u Rwanda, ibihugu byombi byasohoye itangazo ryemeza gahunda mpuzamahanga eshatu, ndetse byiyemeza kurushaho kwimakaza umubano […]

Continuer la lecture

Dr. Rutunga Venant yakatiwe gufungwa imyaka 20

Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imbibi rwakatiye Rutunga Venant igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Rutunga yari Umuyobozi wa ISAR Rubona mu Karere ka Huye, ari na ho yakoreye ibyaha yari akurikiranweho. Dr Venant Rutunga wahoze ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubushakashatsi mu buhinzi cya ISAR-Rubona,  akekwaho […]

Continuer la lecture