Minisitiri wari ukomeye mu Rwanda yirukanywe ku mirimo ye

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, yirukanywe ku mirimo ye. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Nyakanga 2024 mu masaha ya mugitondo, ntiryagaragaje impamvu yirukaniwe, gusa ryavuze ko hari ibyo agomba gusobanura. Dr Mujawamariya aherutse kugirwa Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, […]

Continuer la lecture

Ruhango: Abagabo babiri batawe muri yombi bazira gusiga ‘amazirantoki’ ku nzu ya Mudugudu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo babiri b’abavandimwe bo mu Karere ka Ruhango bakekwaho gusiga ‘amazirantoki’ ku nzu y’Umuyobozi w’Umudugudu wa Rusebeya. Aba bagabo bari barafunzwe bazira ubujura, bakaza gufungurwa maze bakaba bari barasezeranyije uwo muyobozi ko bazamugirira nabi. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bagabo yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Kayitare Wellars, […]

Continuer la lecture

Rusizi: Umukobwa yiciwe mu kabari k’urwagwa

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri saa munani z’ijoro (2h00) rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga 2024, abagizi ba nabi bataramenyekana bishe umukobwa w’imyaka 27 wakoraga mu Kabari k’urwagwa mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Gihundwe, Umurenge wa Kamembe, Akarere ka Rusizi. Amakuru avuga ko uyu mukobwa wishwe yitwa Niyonsenga Dianne, akaba […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: RIB yataye muri yombi abantu 11

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo 11 bakekwaho gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi bikorwa byabereye mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Bushekeri, Akagari ka Buvungira, mu Mudugudu wa Winkamba. Abakekwa bafatiwe mu birombe biri mu ishyamba ry’umuturage tariki 23 Nyakanga 2024, nyuma y’aho umuturage witwa Hakizimana Antoine […]

Continuer la lecture

Intambara y’amagambo yongeye kubura hagati ya Papa Cyangwe na Rocky Kimomo

Umuhanzi Papa Cyangwe yongeye kurakara bikomeye nyuma y’uko Rocky Kimomo asibye indirimbo zose bakoze bakirikumwe. Papa Cyangwe na Rocky Kimomo bakoranye igihe kinini mbere y’uko batandukana, Papa Cyangwe agatangira kwikorana mu muziki. Igihe gito nyuma yo gutandukana kwabo, hahoraga intambara y’amagambo hagati yabo. Papa Cyangwe yari amaze iminsi mu gahinda ko kwibwa shene ye ya […]

Continuer la lecture

Live: RAYON SPORTS vs AMAGAJU

https://www.youtube.com/watch?v=yWNhP4mbG2k UMUKINO WARANGIYE Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 3-1, ibona intsinzi ya mbere mu mikino ibiri ya gicuti imaze gukina yitegura umwaka w’imikino mushya wa 2024/25. Ayabonga Lebitsa utoza Rayon Sports yitabaje: Ndikuriyo Patient, Omborenga Fitina (c), Gning Omar, Nshimiyimana Emmanuel, Bugingo Hakim, Kanamugire Roger, Ishimwe Fiston, Rukundo Abdoul Rahman, Iraguha Hadji, Ndayishimiye Richard […]

Continuer la lecture

Gicumbi: Nyuma yo kunywa amacupa 11 y’inzoga umusore yabonetse yapfuye

Umusore w’imyaka 25 witwa Nemeyimana Phocas yasanzwe yapfuye ku muhanda hafi y’urusengero mu murenge wa Cyumba, akagari ka Muhambo, mudugudu wa Rugerero. Birakekwa ko yishwe n’inzoga yitwa Nesha yari amaze kunywa amacupa 11. Nk’uko amakuru abivuga, Nemeyimana yari ari mu kabari aho mugenzi we w’imyaka 24 yamutegeye kunywa amacupa 13 y’inzoga ya Nesha. Yanyweye amacupa […]

Continuer la lecture

Umuyobozi w’ishuri wavuzweho kwiba ibiryo by’abanyeshuri yahawe igihano gikomeye

Nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri, Hamana Jean de Dieu, umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyakabuye mu Karere ka Nyanza, yahagaritswe mu kazi mu gihe cy’amezi atatu. Ibi byabaye nyuma y’igihe gito umuzamu w’iryo shuri hamwe n’abandi bantu bamutse, bafatanwa ibiryo birimo umufuka w’umuceri n’umufuka w’akawunga, bigatuma hakorwa iperereza ku byaha akurikiranweho. Nk’uko […]

Continuer la lecture

RDC Yatangiye Iperereza ku Ntumwa Zayo Zivugwaho Gushyikirana na M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwatangiye iperereza ku buryo Prof. Bahala Okw’Ibale Lusheke Jean-Bosco, wahoze ari umuyobozi wa gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (P-DDRCS), bivugwa ko yashakaga gushyikirana n’abahagarariye umutwe wa M23 mu mujyi wa Kampala muri Uganda. Iyi ntumwa, hamwe na Mutuale Malangu Joseph David na Okankwa […]

Continuer la lecture

Perezida Biden Yashimiye Kimberly Cheatle Weguye ku Buyobozi bwa ‘Secret Service’

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yashimiye Kimberly Cheatle weguye ku buyobozi bukuru bw’urwego rushinzwe kurinda abayobozi bakuru n’ababaye abayobozi bakuru, Secret Service. Kim Cheatle yamenyesheje abakozi bagenzi be ubwegure bwe abinyujije kuri email. Yafashe iki cyemezo kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024, nyuma y’uko abakozi b’urwego yari ayoboye bashinjwe uburangare bwatumye […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwizeye ikoranabuhanga rya ‘hydroponic fodder’ mu kongera umukamo w’amata

Mu karere ka Nyagatare, umukamo w’amata ugabanuka uva ku biro 90,000 ukagera ku biro 40,000 ku munsi mu bihe by’impeshyi. Umukozi atunganya imashini mu karere ka Nyagatare. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kirimo gushyira aborozi n’abikorera mu buhinzi bw’ibihingwa bya hydroponic. Mu rwego rwo kongera ubuso buteyeho ubwoko butandukanye bw’ibiryo by’amatungo buvuye kuri […]

Continuer la lecture