Connect with us

NEWS

Imbere ya Amerika U Rwanda na RDC basinye amasezerano

Published

on

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) basinye amasezerano akubiyemo amahame agamije kugarura amahoro arambye, babifashijwemo na Leta zunze Ubumwe z’Amerika.

Ni igikorwa cyabereye i Washington, D.C kuri uyu wa 25 Mata 2025, aho u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner wari uhagarariye RDC babifashijwemo na Marco Rubio, ’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga.

Amb Nduhungirehe yavuze ko mu izina rya Perezida Kagame, ashimira Trump wagize uruhare mu gutuma habaho ibiganiro biganisha ku gukemura ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Yagize ati: “Uyu munsi turaganira ibibazo bya nyabyo, umuzi shingiro w’ibibazo bikwiriye gukemuka ngo haboneke amahoro arambye.”

Yanagarutse ku kibazo cy’impunzi, agaragaza ko kuzicyura cyaba igisubizo kirambye, cy’umutekano mu Karere, bikaba byanagira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’ibihugu byombi kuko kuba hari umutekano byatanga amahirwe y’abashoramari b’Abanyamerika.

Secretary of State Marco Rubio shakes hands with Rwandan Foreign Minister Olivier Nduhungirehe as Democratic Republic of the Congo Foreign Minister...

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ko ayo masezerano basinye aganisha ku masezerano y’amahoro arambye kandi hazakomeza gushyigikirwa ibiganiro bya EAC, SADC ndetse na Qatar ndetse ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa.

Ku ruhande rwa RDC, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yavuze ko aya masezerano yasinywe, agaragaza ubushake bwa politiki ishimangira ko amahoro ari ingenzi, aza mbere ya byose

Yavuze ko icyizere kigomba kubakwa hagati y’impande zombi, kandi bitanga igisubizo gihamye mu kugarura no kubungabunga umutekano atari mu bihugu byombi gusa, ahubwo mu Karere no ku Mugabane wa Afurika.

Ati “Hari icyizere cy’amahoro, kandi amakuru nyayo ni uko amahoro agomba kugerwaho.”

Hemejwe guhagarika imirwano, guhagarika gufasha imitwe yitwaje intwaro iboneka mu Karere ndetse gukora ku masezerano arambuye y’amahoro agomba kuba yagezweho bitarenze ku itariki ya 2 Gicurasi 2025.

Secretary of State Marco Rubio stands alongside Democratic Republic of the Congo Foreign Minister Thérèse Kayikwamba Wagner and Rwandan Foreign...

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *