Icyo Dr. Frank Habineza yatangaje nyuma yo gutsindwa amatora

NOUVELLES

Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Democratic Green Party of Rwanda akaba n’Umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Dr. Frank Habineza yashimiye Perezida Kagame ku bwo kubarusha amajwi.

Ati “Turagira ngo dutangaze ko tubyakiriye ndetse duhaye ishimwe cyangwa ‘felicitation’ Nyakubahwa Paul Kagame cyane ko yabonye amajwi menshi kuturusha. Tumuhaye ‘felicitation’” Dr Habineza akimara kuvuga iryo jambo yahise ava muri Olympic Hotel aho we n’abamushyigikiye bari bategerereje ibyavuye mu matora.

Byatangajwe kuri uyu wa 15 Nyakanga 2024, nyuma y’uko Abanyarwanda bari imbere mu gihugu ndetse n’abo mu mahanga batoye Perezida n’Abadepite 53 baturuka mu mitwe ya Politiki n’abakandida bigenga.

Kagame Paul yatsinze ku majwi 99.15%, mu gihe abo bari bahanganye, Dr Habineza Frank yagize 0.53% naho Mpayimana Phillippe 0.32%.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *