Amatariki amatora y’Abasenateri azaberaho yamenyekanye

Leta y’u Rwanda yatangaje ko amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena ateganyijwe ku wa 16 Nzeri 2024. Ni icyemezo gikubiye mu Iteka rya Perezida wa Repubulika ryo ku wa 16 Kamena 2024. Iryo teka rikomeza rigaragaza ko ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida mu matora y’Abasenateri bizatangira ku wa Mbere tariki 26 Kanama 2024, bigasozwa […]

Continuer la lecture

Perezida w’inteko ishingamategeko yasabye ko abiba lisansi bashyirirwaho igihano cy’urupfu

Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi, Daniel Gélase Ndabirabe, yemeza ko hari abantu bahisha lisansi nyinshi mu rugo aribyo bituma ibura bityo bagakwiye gukatirwa igihano cy’urupfu bakicwa. Uburundi bumaze igihe mu kibazo cyo kubura ibikomoka kuri Peteroli, ibinyabiziga by’abantu ku giti cyabo byaraparitse ,lisansi nkeya ibonetse isaranganywa mu modoka zitwara abantu mu buryo rusange ndetse […]

Continuer la lecture

Ingabo za Uganda zihakanye M23

Ingabo za Uganda (UPDF) zahakanye ibikubiye muri raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye (ONU) ivuga ko zifasha inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda. Umuvugizi wa UPDF Brigadiye Jenerali Felix Kulayigye yasubiwemo na Daily Monitor agira ati: “Raporo irabogamye. Ntishingiye ku bushakashatsi. Yifitemo guhengama. “[Inzobere […]

Continuer la lecture

Menya uko Radio Rwanda yafashije Perezida Kagame kumenya Ikinyarwanda no kwivurisha Inyabarasanya

Perezida Paul Kagame yavuze ko aho bishoboka itangazamakuru ryakwifashishwa mu kwigisha neza Ikinyarwanda cyane cyane urubyiruko, ahishura ko Radio Rwanda iri mu byamufashije kukimenya neza, ndetse imuha ubumenyi bwo kwivura akoresheje icyatsi cyitwa Inyabarasanya. Yabitangaje kuri uyu wa 17 Kamena 2024 mu kiganiro yagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA cyari kiyobowe na Cléophas Barore na Abera […]

Continuer la lecture

Twizeyimana Edouard yaretse akazi ka Leta akorora inkoko yinjiza miliyoni 4 Frw mu cyumweru

Twizeyimana Edouard utuye mu Karere ka Musanze arishimira umusaruro akomeje gukura mu bworozi bw’inkoko yatangiye nyuma yo kureka akazi ka Leta, none uyu munsi bushobora kumwinjiriza miliyoni zisaga 4 z’amafaranga y’u Rwanda mu cyumweru. Twizeyimana ni we Muyobozi w’Isosiyete y’ubworozi bw’inkoko Eddy Farm Ltd yororeye inkoko 3,500 mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu […]

Continuer la lecture

‘Ntabwo ari twe ntandaro y’intambara iri muri RDC’ Perezida Kagame yavuze ku kibazo cya Kongo

Perezida Kagame yavuze ko intandaro y’ibibazo bya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo atari we n’u Rwanda ahubwo ari FDLR iki gihugu cyahaye intwaro ikaba yica abaturage bacyo. Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye na RBA uyu munsi cyibanze ku ngingo nyinshi zirimo izo mu Rwanda no hanze yarwo. Yagize ati: “Ni iyihe ntandaro y’ibibazo biri mu […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yavuze ko azakora ibirenze ibyo yagezeho

Perezida Paul Kagame witegura gutangira kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu nk’umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, yatangaje ko kuba abaturage bashima ibyo yagezeho mu gihe amaze ayobora u Rwanda ari byiza, ariko ko hari byinshi byo gukomeza gukora mu rugendo rw’iterambere ari nayo mpamvu azakomeza gukora cyane. Mu kiganiro n’abanyamakuru b’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa 17 […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame aragirana ikiganiro na RBA

Kuri uyu wa Mbere taliki ya 17 Kamena 2024 saa munani z’amanywa (2:00 PM), Ikigo cy’Iguhugu cy’Itangazamakuru RBA, cyararitse abanyarwanda muri rusange ikiganiro cyihariye bagirana na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame. Ni ikiganiro kinyura ku bitangazamakuru binyuranye by’iki kigo birimo n’ibyo ku mbugankoranyambaga Ni ikiganiro kiza kwibanda ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibyagezweho mu myaka 30 ishize […]

Continuer la lecture

Nyagatare: Ukekwaho kwica imisambi 10 ayiroze yashenguye abaturage

Abaturage bahinga umuceri mu kibaya cy’Umuvumba mu Mudugudu w’Uwinkiko, Akagari ka Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, batunguwe no kugera aho bakorera ubuhinzi bagasanga imisambi 10 yapfuye, bikekwa ko yishwe n’uburozi. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo bamwe muri abo baturage bafatiye mu cyuho Sindikubwabo Jean Marie Vianney yateze imisambi ibigori biriho umutri wica ibikoko […]

Continuer la lecture

Musanze: RIB yataye muri yombi umugabo ushinjwa gusambanyiriza umwana mu bwiherero

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, RIB yashyikirijwe umugabo w’imyaka 36 wo mu Kagari ka Mpenge Umurenge wa Muhoza, mu Karere ka Musanze, akekwaho gusambanyiriza umwana w’umukobwa w’imyaka 15 mu bwiherero bwa Paruwasi Katederali ya Ruhengeri. Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo yatangiye gucicikana ubwo ahagana Saa kumi n’ebyiri abakirisitu bari bagiye mu […]

Continuer la lecture

Abantu 14 bishwe n’ubushyuhe bwinshi mu mutambagiro

Abategetsi bavuze ko Abanya-Jordan nibura 14 bapfiriye mu mutambagiro wa kisilamu wa Hajj muri Arabie Saoudite (Saudi Arabia) kubera ubushyuhe bwinshi. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Jordan yavuze ko abaturage bayo 14 bapfuye “nyuma yo kugira ubushyuhe bwo mu mubiri buri hejuru ya dogere 40C bivuye ku bushyuhe bukabije”, ndetse ko abandi 17 batangajwe ko baburiwe […]

Continuer la lecture