Rusizi: Umusore yasanzwe ku muhanda yapfuye

Umusore witwa Hakizimana Obed w’imyaka 30 yasanzwe ku muhanda mu Mudugudu wa Rubumba, Akagari ka Nyange, Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi yapfuye, bikekwa ko yishwe akubiswe ikintu ku mutwe. Ibi byabaye ku wa 12 Kanama 2024, mu masaha ya mu gitondo, ubwo umuturage yabonye umurambo wa Hakizimana ku muhanda wa kaburimbo Bugarama-Cimerwa, ahita […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abamwe mu ba Perezida baje mu muhango w’irahira rye

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu bitabiriye umuhango w’irahira rye barimo William Ruto wa Kenya, Brice Oligui Nguema wa Gabon na Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, baganira ku ngingo zirimo kongera ingufu mu bufatanye bw’ibihugu byombi.   Umuhango w’Irahira rya Perezida wa Rebubulika wabaye kuri uyu wa 11 Kanama 2024 witabiriwe n’Abakuru b’ibihugu 22, ba […]

Continuer la lecture

Gicumbi: Umunani batawe muri yombi bakurikiranyweho gukubita umusambo bikamuviramo gupfa

Abaturage umunani bo mu Karere ka Gicumbi batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita umugabo witwa Nshimamahoro Emmanuel bikamuviramo gupfa, nyuma y’uko bivugwa ko yibye ibitoki bibiri akabura ubwishyu bwo kubyishyura. Iri sanganya ryabaye ku wa 10 Kanama 2024 mu Mudugudu wa Kabira, Akagari ka Kigabiro, Umurenge wa Rwamiko. Nshimamahoro yaje gufatwa n’abaturage ubwo bamushinjaga […]

Continuer la lecture

Ibidasanzwe kuri kajugujugu za ‘Mil Mi-24’ zagaragaye mu birori by’irahira rya Perezida Kagame

Mu birori by’irahira rya Perezida Paul Kagame, byabaye ku Cyumweru tariki ya 11 Kanama 2024 muri Stade Amahoro, habayeho igikorwa cyihariye cy’akarasisi k’indege za kajugujugu mu kirere. Muri izi kajugujugu, ebyiri zari zo mu bwoko bwa Mil Mi-24, zizwiho kuba indege z’intambara zikomeye kandi zifite ubushobozi bukomeye mu bijyanye no kurasa no gutwara abantu. Ibiranga […]

Continuer la lecture

Abarimu bo muri Congo babwiye Leta ko bagiye kwigaragambya

Abarimu bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bateguje Leta ko bateganya gukora imyigaragambyo mbere y’uko umwaka w’amashuri wa 2024/2025 utangira, mu gihe ibibazo byabo bitakemurwa. Ibi byemejwe mu Nteko Rusange yabo yabereye iKinshasa ku wa 10 Kanama 2024, nyuma y’aho Leta yananiwe gukemura ibibazo byabo birimo gutinda kubaha imishahara, ndetse hari n’igihe gishobora kugera […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: Mudugudu yasanzwe mu mugezi yapfuye

Kamashabi Eraste w’imyaka 67 wari Umukuru w’Umudugudu wa Mburabuturo, Akagari ka Gitwe, Umurenge wa Karambi, Akarere ka Nyamasheke, yasanzwe munsi y’ikiraro cya Ryamunyu mu mugezi wa Ryamunyu yapfuye, bikekwa ko yishwe Nyuma yo kumenyekana kw’iyi nkuru y’inshamugongo, umuntu umwe yatawe muri yombi mu gihe hakomeje iperereza kuri urwo rupfu rw’amayobera. Umuhungu wa nyakwigendera,  Ntawuzumunsi Emmanuel […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yagaragaje RDC nk’umuzi w’intambara zayibayeho akarande

Imyaka igera kuri 30 irashize, uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwibasiwe n’indambara z’urudaca zigira ingaruka ku Rwanda no ku bindi bihugu byo mu Karere. Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko ibibazo by’umutekano muke muri icyo gihugu bigira ingaruka ku Karere kose bidashobora gukemuka mu gihe RDC ubwayo idafashe mu […]

Continuer la lecture

Rubavu: Abahinduye akabari urusengero batanga inama ku bataruzuza ibisabwa insengero

Umuturage wo mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyundo witwa Bihoyiki Miriyamu na nyirabukwe bahinduye akabari urusengero bagakodesha umupasiteri wari uri gushyiramo amadirishya n’inzugi bishya, nyuma yo kubona hafunzwe bagiriye inama bagenzi babo bagenje gutya, babasaba kwita ku buzima bw’abakirisitu. Abo baturage bo mu Murenge wa Nyundo, bagira inama Abanyarwanda bari bafite insengero ahantu hatujuje […]

Continuer la lecture

Uko umuhango w’irahira rya Perezida Kagame wagenze

Perezida Kagame yarahiriye gukomeza kuyobora u Rwanda “Njyewe Kagame Paul, ndahiriye u Rwanda ku mugaragaro ko ntazahemukira Repubulika y’u Rwanda, ko nzakurikiza nkanarinda Itegeko Nshinga n’andi mategeko, ko nzakorana umurava imirimo nshinzwe, ko nzaharanira amahoro n’ubusugire bw’Igihugu, ko nzashimangira ubumwe bw’Abanyarwanda, ko ntazigera nkoresha ububasha mpawe mu nyungu zanjye bwite, ko nzaharanira ibyagirira Abanyarwanda bose […]

Continuer la lecture

Rubavu: Babiri mu basagariye Gitifu w’umurenge ubwo yari amaze gusenya inzu y’umuturage bari gukurikiranwa

Mu Karere ka Rubavu, abaturage babiri bo mu Murenge wa Nyakiliba barimo gukurikiranwa nyuma yo gusagarira Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo murenge, Uwimana Vedaste. Ibi byabaye nyuma y’uko uyu muyobozi yari amaze gusenya inzu y’umuturage, yavuzweho ko yubatswe mu buryo butemewe n’amategeko. Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye Uwimana Vedaste asenya iyo nzu, ibintu byatumye abaturage […]

Continuer la lecture

Abakuru b’Ibihugu bitabiriye Irahira rya Perezida Kagame batangiye kugera i Kigali

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, yabimburiye abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma kugera i Kigali aho yitabiriye Irahira rya Perezida Paul Kagame, rizaba kuri iki Cyumweru. Perezida Kiir yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe. Perezida Salva Kiir kandi […]

Continuer la lecture