Abaganga bavuzweho kurangarana umubyeyi uri ku nda “bararegwa kwica”

Abaganga bo ku bitaro bya Nyanza bavuzweho kurangarana umubyeyi uri ku nda umwana we agapfa, bagejejwe imbere y’urukiko bahakana gusiragiza uwo mubyeyi n’ibyaha baregwa. Ubushinjacyaha bw’u Rwanda burarega abaganga batatu bakorera ku Bitaro bya Nyanza icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, aho buvuga ko basiragije umubyeyi wari ugiye kubyara umwana agapfa, gusa abaregwa bahakana ibyo baregwa. […]

Continuer la lecture

Yolande Makolo yagaragaje igituma umuryango uharanirira uburenganzira bwa muntu wibasira u Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko umuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu utavuze ku Rwanda, akazi kawo katagaragara. Ubutumwe bwa Makolo bwanyuze ku rubuga X kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026, bugira buti “HRW ifite uburyo ikora kandi u Rwanda ruhora ari igipimo cyayo kigaragaza ko yakoze neza.” Makolo yanengaga raporo […]

Continuer la lecture

Hatangijwe umushinga w’ikoranabuhanga ryanditsemo amazina y’abishwe muri Jenoside

Umuryango utari uwa Leta w’Abongereza uharanira kurwanya Jenoside ku Isi, Aegis Trust, watangije umushinga w’ikoranabuhanga rizajya ryifashishwa mu kwibuka amazina y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni umushinga wiswe ‘Inkingi z’Amazina y’Abacu’ wamuritswe ku wa 14 Gicurasi 2026. Ugizwe n’amazina agaragara mu buryo bwa 3D agenda agakora inkingi. Ni umushinga wavutse ku gitekerezo cya […]

Continuer la lecture

Perezida Xi Jinping yaburiye Trump ko ibihugu byombi bishobora kwisanga mu ntambara

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yaburiye mugenzi we, Donald Trump,wa Amerika ko ibihugu byombi bishobora kugirana amakimbirane akomeye kubera ikibazo cya Taiwan mu gihe kitakwitabwaho neza. Aya magambo akakaye, Xi Jinping yayatangaje ubwo basozaga inama yabereye i Beijing yahurije hamwe abakuru b’ibihugu byombi ndetse n’abayobozi bakuru kuri uyu wa Kane tariki 14 Gicurasi 2026 mu […]

Continuer la lecture

L’Afrique, en valorisant ses ressources, peut surmonter les problèmes économiques mondiaux - Président Kagame.

Le Président de la République du Rwanda, Paul Kagame, a déclaré que l’Afrique a de nombreuses chances de devenir le continent le plus riche du monde, mais qu’il lui manque de valoriser ses ressources, notamment l’énergie propre, les minéraux précieux très demandés dans le monde, ainsi que sa population nombreuse et active. Il a souligné que les pays africains devraient s’unir et […]

Continuer la lecture

Ibihano bitangwa mu nyungu z’utanga menshi – Perezida Kagame yavuze buryo Afurika yamburwa ikanahanwa.

Perezida Kagame yavuze ko ibihano bimaze iminsi bishyirirwaho ibihugu birimo n’u Rwanda, bitaboneye, kuko biba biri mu nyungu za bamwe bitewe n’ibyo bemereye ibihugu bikomeye Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa CNN, Eleni Giokos, gifungura inama ya Africa CEO Forum. Abayobozi barenga 2800 bitabiriye iyi nama barimo abakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bikomeye byo […]

Continuer la lecture

Ngororero: Ukora kwa Muganga yatawe muri yombi akekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi umugore wo mu Murenge wa Gatumba, Akarere ka Ngororero, usanzwe akora kwa muganga  aho akekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi we wo mu rugo. Mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X rwa RIB kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Gicurasi 2026, yavuze ko uyu mugore afungiye kuri Sitasiyo ya RIB […]

Continuer la lecture

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90.

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Mu itangazo inzego zishinzwe ubutabazi muri Uttar Pradesh zanyujije ku mbuga nkoranyambaga zatangaje ko inkubi y’umuyaga yibasiye iyi ntara ku wa 13 Gicurasi 2026. Riti “Ibiza birimo inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura byibasiye Intara ya Uttar […]

Continuer la lecture

Nyanza:Polisi yafashe itsinda ry’abagabo 3 bakekwaho ubujura bwa moto.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage bakomeje gukumira abakora ibikorwa bitemewe bihungabanya umutekano n’ituze by’abaturage birimo n’ubujura bwa Moto. Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage bakomeje gukumira abakora ibikorwa bitemewe bihungabanya umutekano n’ituze by’abaturage birimo n’ubujura bwa Moto. Ni muri urwo […]

Continuer la lecture

Polisi yafunze batandatu bakekwaho kubeshya ko bafasha abantu kujya kwiga muri Canada.

Polisi y’u Rwanda (RNP) yatangaje ko ku bufatanye n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), yataye muri yombi abantu batandatu bakekwaho gushuka urubyiruko barwizeza kubona amahirwe yo kujya kwiga muri Canada. Ni mu itangazo RNP yashyize hanze ku wa 13 Gicurasi 2026. Mu itangazo RNP yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yagize iti “Abafashwe barimo kubazwa kugira ngo hakorwe iperereza no […]

Continuer la lecture

PSG yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa

Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa, Ligue 1, ku nshuro ya 14 mu mateka yayo, ikaba inshuro ya 5 yikurikiranya. Paris Saint Germain yateye iyi ntambwe nyuma yo gutsinda Lens ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 33 wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 13 Gicurasi 2026 kuri Stade […]

Continuer la lecture