Umubare w’Abasirikare ba FARDC baguye mu mirwano na M23 i Goma wamenyekanye

Imiryango mpuzamahanga ikora ibikorwa by’ubutabazi yatangaje ko nyuma y’agahenge katangajwe na M23, hatangiye ibikorwa byo gushyingura abapfiriye mu mirwano y’ingabo za FARDC zifatanyije n’imitwe irimo Wazalendo na FDLR bari bahanganyemo na M23 i Goma, aho byatangajwe ko iyo mirwano yaguyemo abasaga 2500 bo ku ruhande rwa FARDC. Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya […]

Continuer la lecture

Abadepite ba Afurika y’Epfo basabye gukura ingabo zabo muri Congo

Abadepite bagize Komisiyo y’Umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo basabye Guverinoma yabo gukura Ingabo z’icyo gihugu mu Burasirazuba bwa Kongo, aho zirimo gufatanya n’Ingabo za FARDC ndetse n’indi mitwe irimo na FDLR. Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri, Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo, Angie Motshekga, yitabye Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo atange ibisobanuro […]

Continuer la lecture

Maj. Gen Somo wasimbuye Cirimwami yatangiye imirimo , anengwa gutinya M23

Guverineri mushya wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Maj. Gen. Evariste Somo Kakule, wasimbuye Maj. Gen. Peter Cirimwami uherutse kwicwa n’abarwanyi ba M23, yatangiriye imirimo ye ku gusana imihanda, anengwa gutinya M23. Maj. Gen. Somo Kakule yatangiye kuyoborera iyi ntara i Beni, hanze y’umujyi wa Goma, usanzwemo icyicaro gikuru cy’iyi ntara.Ibikorwa bye bya mbere byatangiriye […]

Continuer la lecture

Igisirikare cy’Afurika y’Epfo cyavuze uwarashe mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) Gen. Rudzani Maphwanya, yemeje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ari zo zarashe ibisasu bya roketi ku butaka bw’u Rwanda mu Karere ka Rubavu. Gen. Maphwanya yabitangaje ubwo yari yitabye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko, kuwa Kabiri tariki ya 4 Gashyantare 2025, ari kumwe na […]

Continuer la lecture

I Rusizi n’i Rutsiro habonetse ibisasu bya gerenade mu mirima

Umugore w’imyaka 39 wahingaga wo mu Karere ka Rutsiro n’umusore w’imyaka 18 watemaga igiti mu Karere ka Rutsiro batahuye ibisasu byo mu bwoko bwa gerenade bitandukanye, babimenyesha inzego z’umutekano ziza kubitwara ziranabituritsa. Ibyo bisasu byagaragaraga ko bimaze igihe kinini mu butaka, Polisi y’u Rwanda ikaba isaba abaturage kujya bigengesera igihe cyose babonye igisasu cyangwa icyuma […]

Continuer la lecture

RIB yataye muri yombi umugore ukurikiranyweho kwiba abana mu bitaro akabita abe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi umugore witwa Mukamana Florence, akurikiranyweho gushimuta abana b’abandi, abibye ku bitaro akabita abe. Ni icyemezo RIB yafashe nyuma y’uko yakiriye ikirego cy’umubyeyi wibwe uruhinja yari yagiye gukingiza ku bitaro bya Masaka mu Karere ka Gasabo. Iperereza ryahise ritangira nyuma hafatwa uyu mugore witwa Mukamana Florence ufite […]

Continuer la lecture

M23 yasabwe gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Bruno Lemarquis, yasabye umutwe wa M23 gufungura ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma, umaze iminsi uri mu maboko yawo. Ku wa 26 Mutarama 2025, M23 yabanje gufunga ikirere cy’iki kibuga cy’indege, ivuga ko ingabo za FARDC n’imitwe bafatanyije zagikoreshaga mu gutwara intwaro zicisha abasivili. […]

Continuer la lecture

Nyanza: Uruhinja rwatawe mu Kiliziya

Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Mukingo, mu Kagari ka Gatagara, uruhinja ruri mu kigero cy’iminsi irindwi n’icumi, rwatawe muri Kiliziya ya Paruwasi ya Kigoma. Byabaye ku wa 2 Gashyantare 2025, mu masaha y’amanywa mu Misa yabereye muri iyi Paruwasi yo muri Diyosezi ya Kabgayi. Umuyobozi wungirije wa Paruwasi ya Kigoma, Hagenimana Pacifique, wari wanatuye […]

Continuer la lecture

AFC/M23 yatangaje agahenge, uvuga ko nta mugambi ufite wo gufata Bukavu

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko kuva ku itariki ya 4 Gashyantare 2025, rihagaritse imirwano kugira ngo ribanze rikemure ibibazo byihutirwa bijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi ku baturage bashegeshwe n’ibitero bagabwaho na Leta. Iri huriro kandi ryavuze ko ridafite umugambi wo gufata Umujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo n’ibindi bice, ariko ryiyemeje kurinda abasivili ndetse n’ibirindiro byaryo. Aya […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame aganira na CNN yavuze ko U Rwanda ruzakora igishoboka cyose mu kwirinda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose mu kwicungira umutekano, ubwo yasubizaga ibibazo birebana n’umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yabajijwe n’umunyamakuru wa CNN kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Gashyantare 2025. Muri icyo kiganiro cyihariye, umunyamakuru Larry Maduwo yabajije Perezida Kagame niba koko ingabo z’u […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye guhurira mu nama

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bemeye kuzitabira Inama Idasanzwe izahuza Abayobozi bakuru b’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’ab’ibigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere w’Afurika y’Amajyepfo (SADC). Perezida wa Kenya akaba n’Umuyobozi w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EAC, Dr Samoei William Ruto, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki […]

Continuer la lecture