Uwangaga kwiyunga kuri FDLR baramwicaga: Ubuhamya bw’Abanyarwanda bavuye muri RDC.

“FDLR na Nyatura baradufataga bagashaka kutujyana kubafasha kurwana ngo turi Abanyarwanda, uwanze ku biyungaho bakamutwara mu ijoro ntitumenye aho bamutwaye, ariko nyuma bakatubwira ko bishwe.” Aya ni amwe mu magambo ya Dushime Janvier w’imyaka 28 wahungutse aturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Dushime watahutse aturutse muri Kitchanga yavuze ko umuryango we usanzwe utuye mu […]

Continuer la lecture

APR na Police VC ntiziratsindwa: uko umunsi wa gatanu wa Shampiyona Nyafurika wagenze.

Amakipe abiri muri ane ahagarariye u Rwanda mu mikino ya Shampiyona Nyafurika ya ‘CAVB Club Championship 2026’ ariyo APR VC, Police VC, mu makipe ane ataratsindwa mu mikino ine imaze gukinwa mu matsinda. Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 26 Mata 2026, ni bwo hakinwe imikino y’umunsi wa Kane ibanziriza iya nyuma mu matsinda […]

Continuer la lecture

Akagunguru k’ibikomoka kuri peteroli kageze kuri 106,3$.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutseho 1% kubera ibiganiro bya Amerika na Iran byasubitswe, ndetse ubwato bukomeza kudatambuka mu nzira ya Hormuz. Akagunguru k’ibikomoka kuri peteroli bidatunganyije [brent crude] kazamutseho 1,3% kagera ku Madolari ya Amerika 106,3. Icyizere cyo kugaruka kw’amahoro mu Burasirazuba bwo hagati cyayoyotse ubwo Perezida Trump yasubikaga urugendo rw’itsinda ry’abayobozi ba Amerika bagombaga […]

Continuer la lecture

Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma y’iraswa ryabereye aho yarari.

Biravugwa ko amasasu yarashwe mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yitabiriye gusangira n’abanyamakuru i Washington mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 25 Mata, aho abatangabuhamya n’abanyamakuru ba AFP bavuze ko muri hotel humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Abashyitsi bari bambaye karuvati b’Abanyamakuru bakorera kuri White House ‘birutse bajya […]

Continuer la lecture

Ben na Chance bahishuye ko hari abari barahanye gatanya biyungiye mu gitaramo cyabo.

Abaramyi banashakanye nk’umugore n’umugabo baririmbana mu itsinda rya Ben na Chance batangaje ko mu gitaramo baherutse gukora cyatumye umuryango wari warasenyutse wongera kwiyunga. Ni igitaramo cyabaye tariki 5 Mata 2026, cyari kigamije gufasha abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana kwizihiza Pasika banoza umubano wabo n’Imana. Binyuze mu kiganiro Ben na Chance banyujije ku rukuta […]

Continuer la lecture

Uburezi bushya bukwiye kubaka aho gusenya – Minisitiri Nsengimina

Byatangarijwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Murenge wa Karama, mu Karere ka Huye, aho Minisitiri Nsengimana yagaragaje ko nta rwitwazo ruhari ku rubyiruko rwo kubatwa n’amacakubiri. Minisitiri Nsengimana yavuze ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubuyobozi bubi bwacengeje ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse abari barize amashuri menshi babigiramo uruhare, […]

Continuer la lecture

perezida Trump yasubitse urugendo rw’intumwa ze zihariye rwo kujya muri Pakistan.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasubitse urugendo rw’intumwa ze zihariye, Steve Witkoff na Jared Kushner, rwari ruteganyijwe rwo kujya muri Pakistan. Ibi abitangaje ku wa 25 Mata 2026 nyuma y’uko yari yatangaje ko aba bombi bari bwerekeze i Islamabad muri Pakistan mu biganiro na Iran. Trump yavuze ko gusubika uru rugendo […]

Continuer la lecture

Ikipe ya APR FC inyagiye Mukura VS, itanga ubutumwa mbere yuko ihura na Rayon sport.

Ikipe ya APR FC yatsindiye Mukura VS ibitego 3-0 kuri Stade Kamena, mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ’BK Pro League’. Ni umukino watangiye ku isaha ya Saa Cyenda zuzuye, igice cya mbere kirangwa no gukina neza kwa Mukura VS yakinaga imira mito kuri iki kibuga gito isanzwe imenyereye. […]

Continuer la lecture

Ruhango: Umuturage yapfuye ari gukora umuganda.

Umugabo w’imyaka 45 witwaga Nyandwi Emmanuel, wari mu muganda wo gusenya amashuri ashaje mu Rwunge rw’Amashuri rwa Mwendo mu Karere ka Ruhango, yagwiriwe n’igikuta arapfa. Urwunge rw’Amashuri rwa Mwendo (R) ruherereye mu Mudugudu wa Nyamigina, Akagari ka Gafunzo. Rwari rufite ibyumba by’amashuri bishya n’ibishaje bitari bigikoreshwa. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Nemeyimana Jean Bosco, yavuze […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika kwiyitaho no gukorana n’abandi mu bitanga umusaruro.

Perezida Kagame yavuze ko icyo Afurika ishaka cyoroheje, ko ari icy’uko Abanyafurika bakwiye kwiyitaho ubwabo no gukorana n’ibindi bihugu mu buryo butanga umusaruro, aho gukomeza kwiheza no kwicamo ibice. Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa 24 Mata 2026. Yitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 18 yiga ku miyoborere n’izindi ngeri zose z’iterambere, World Policy Conference (WPC), iri […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 75 afungiwe ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mukarugema Francisca w’imyaka 75, wo mu Mudugudu wa Butangata, Akagari ka Nyarusange, Umurenge wa Bushekeri, Akarere ka Nyamasheke, afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ntendezi nyuma yo kugaragarwaho amagambo bikekwa ko arimo ingengabitekerezo ya Jenoside, aho yabwiye Niyonsenga Samuel warokotse, ati ‘Ariko sinzi uko abacikacumu musigaye mwarigize’ Nk’uko uhagarariye IBUKA mu Karere ka Nyamasheke, Gasasira […]

Continuer la lecture