Huye: Umugabo yapfuye acukura ubwiherero

Umugabo witwaga Niyibizi Albert, uri mu kigero cy’imyaka iri hejuru ya 30 y’amavuko yapfiriye mu mwobo w’uburebure bwa metero 12 yacukuraga wari kuzaba ubwiherero. Ni inkuru yasakaye mu masaha y’amanywa kuri uyu wa 29 Kanama 2025, bibera aho yacukuraga ubwiherero mu Mudugudu wa Akabuye, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, mu Karere ka Huye, ubwo […]

Continuer la lecture

MINEDUC yatangaje igihe amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye azatangazwa

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama 2025, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye azajya hanze ku wa 01 Nzeri 2025 saa cyenda z’amanywa. Dore ibikubiye muri iryo tangazo:

Continuer la lecture

Umunyamakuru Paul Rutikanga yakoze ubukwe

Umunyamakuru wa Televiziyo y’u Rwanda, Paul Rutikanga, yasezeranye n’umukunzi we Uwera Caroline, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama 2025.   Ni ibirori byabaye nyuma y’aho aba bombi basezeranye imbere y’amategeko tariki ya 26 Kanama 2025. Ni mu gihe muri Gicurasi aribwo Rutikanga yambitse impeta Uwera amusaba kuzamubera umugore undi arabyemera. […]

Continuer la lecture

Impunzi z’Abanye-Congo zagaragaje intimba zatewe n’ingabo za RDC, FDLR na Wazalendo

Impunzi z’Abanye-Congo ziba mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira mu Karere ka Rubavu zagaragaje intimba zatewe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’ihuriro rya Wazalendo rishyigikiwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, bikagera aho zihungira mu Rwanda mu rwego rwo gukiza amagara yazo. Inkambi y’agateganyo ya Nkamira icumbikiye Abanye-Congo 3.196 bahageze kuva tariki 11 […]

Continuer la lecture

Leta ya RDC yanze ubutumire bwa Thabo Mbeki mu biganiro by’amahoro

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwanze ubutumire bw’umuryango wa Thabo Mbeki wayoboye Afurika y’Epfo kuva mu 1999 kugeza mu 2008, bwo kujya mu biganiro by’amahoro by’Abanye-Congo biteganyijwe mu kwezi gutaha. Uyu muryango wateganyije ko ibiganiro by’abo mu butegetsi bwa RDC n’ababurwanya bizaba mu gihe cy’inama ngarukamwaka y’amahoro n’umutekano izabera muri Afurika y’Epfo kuva […]

Continuer la lecture

Ibiganiro by’u Rwanda, RDC na Amerika ku bufatanye mu by’ubukungu birarimbanyije

Hashingiwe ku masezerano y’amahoro yashyizweho umukono tariki ya 29 Kamena 2025, abahagarariye u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomeje ibiganiro by’ubufatanye mu rwego rw’ubukungu. Mbere y’uko ibiganiro nyirizina bitangira, ibi bihugu byabanje gushyiraho amahame azagenga ubufatanye bwabyo mu rwego rw’ubukungu tariki ya 1 Kanama, hagamijwe ahanini gufasha akarere […]

Continuer la lecture

Abanyamadini beretswe uko AI yakoreshwa mu ivugabutumwa

Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda (RIC) ryagaragarije abanyamadini n’amatorero uko bakoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) mu gukomeza kugeza ivugabutumwa kuri bose. Kuri uyu wa 28 Kanama 2025 ni bwo RIC yahuguye abayobozi b’amadini n’amatorero ku kumenya neza akamaro ko gukoresha AI, uko yakoreshwa igatanga umusaruro ndetse no kumenya ibibi byayo kugira ngo babashe kungura abayoboke […]

Continuer la lecture

Gutegura ahazabera ibirori byo Kwita izina abana b’ingagi 40 bigeze kuri 90%

Mu gihe u Rwanda rwitegura umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 40 ku nshuro ya 20, abari gutunganya aho bizabera, bavuga ko imirimo igeze ku kigero cya 90%. Mu gutunganya ahazabera umuhango wo Kwita izina uteganijwe kuwa 5 Nzeri 2025, mu Kinigi munsi na Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, abayituriye barenga 580 babonyemo imirimo, ndetse kuri ubu […]

Continuer la lecture

Huye: Umugabo n’umugore barwanye, umugore ahasiga ubuzima

Umugore w’imyaka 38 wo mu Karere ka Huye yishwe atemaguwe bikekwa ko byawakozwe n’umugabo we w’imyaka 35 na we urembeye mu bitaro nyuma yo gusangwa yanegekaye afite ibikomere. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 27 rishyira ku wa 28 Kanama 2025 saa tatu z’ijoro, bibera mu Mudugudu wa Rugerero, Akagari ka Muyogoro, Umurenge wa Huye, […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwakiriye abimukira 7 bavuye muri USA

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kwakira abimukira 7 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA), baje mu rwego rw’amasezerano y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi yasinywe muri uyu mwaka wa 2025. Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yabihamije ko kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Kanama 2025, agira ati: “Itsinda rya mbere ry’abantu barindwi […]

Continuer la lecture

Perezida Chapo yasabye gushyiraho icyerekezo cy’indege gihuza Mozambique n’u Rwanda

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yasabye ko hashyirwaho urugendo rw’indege rutaziguye ruhuza Mozambique n’u Rwanda kugira ngo byorohereze ingendo, ndetse binateze imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi. Yabikomoje kuri uyu wa 28 Kanama 2025, mu nama nyunguranabitekerezo y’abayobozi bakuru b’inzego z’ubucuruzi yabereye muri Kigali Convention Centre, aho yari […]

Continuer la lecture