Menya ibyo Perezida Tshisekedi asaba

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo Kinshasa byavuze ko Perezida Felix Tshisekedi akurikiye inama y’abakuru b’ibihugu bya Africa y’Iburasirazuba, EAC na SADC kandi aza no gusoma ibyufuzo igihugu cye gifite, muri byo harimo gusaba abafashe umujyi wa Goma kuwusubiza inzego za Leta. I Dar es Salaam muri Tanzania harimo kubera inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC na […]

Continuer la lecture

Amb Nduhungirehe yavuze ko Guhuza ibiganiro bya Luanda na Nairobi biratanga icyizere

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Nduhungirehe Olivier yatangaje ko kuba Abakuru b’Ibihugu by’Imiryango ya EAC na SADC bahuriye mu nama idasanzwe, hagafatirwamo umwanzuro wo guhuza ibiganiro bya Luanda na Nairobi baganira ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo RDC bitanga icyizere. Yabigarutsemo mu kiganiro yagiranye na RBA, asobanura ko kuba bagiye […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yavuze ko Ibiri kuba muri Congo n’intambara ishingiye ku moko

Perezida wa Repubilika Paul Kagame yavuze ko intambara iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ishingiye ku moko, kandi ko igira ingaruka zitaziguye ku Rwanda. Imbere y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) no mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo (SADC), Perezida Kagame yavuze ko iyo ntambara imaze imyaka […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yavuze ko U Rwanda nta ruhare rufite mu ntambara yo muri RDC

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwandsa nta ruhare rugira mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Gashyantare 2025, mu nama yahuje Abakuru b’Ibihugu n’abaje bahagarariye ibihugu byabo bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Ab’ibigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) […]

Continuer la lecture

Godwin Odibo uheruka gutandukana na APR FC yerekeje muri Shooting Stars

Rutahizamu ukina anyuze mu mpande, Godwin Odibo, wari watandukanye na APR FC kubera umusaruro muke, yamaze kubona indi kipe nshya y’iwabo muri Nigeria yitwa Shooting Stars. Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Gashyantare 2025, ni bwo Ubuyobozi bwa APR FC bwagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kigaruka ku mibereho y’ikipe n’imyiteguro y’imikino yo kwishyura. Mu byagarutsweho harimo […]

Continuer la lecture

Gusenya FDLR n’imishyikirano ya RDC na M23; mu myanzuro y’Abaminisitiri ba EAC na SADC

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) ku wa 7 Gashyantare 2025 bahuriye i Dar es Salaam muri Tanzania, mu nama yo gushakira ibisubizo intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi nama yateguraga ihuza abakuru b’ibihugu byo muri iyi miryango, yabaye nyuma […]

Continuer la lecture

Perezida Tshisekedi ntiyagiye i Dar es Salaam mu nama ya EAC na SADC

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ntiyagiye i Dar es Salaam muri Tanzania mu nama idasanzwe ihuza Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC). Abakuru b’ibihugu bigize iyi miryango yombi baraganira ku buryo intambara ikomeje hagati y’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC n’umutwe witwaje intwaro wa M23 yahagarara, n’uko […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam mu nama ihuza EAC na SADC

Perezida Paul Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzania, aho yitabiriye inama idasanzwe ihurije hamwe abakuru b’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’abo mu Muryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC), baganira ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Iyi nama ibaye nyuma yuko habaye inama idasanzwe yahuje Abakuru […]

Continuer la lecture

Mu minsi 45 Bisi Nshya ya APR FC izaba yageze mu Rwanda

Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa, yatangaje ko mu minsi 45 bisi Nshya y’ikipe izaba yageze mu Rwanda. Ibi nibwe mu byo yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Gashyantare 2025, ubwo yagaragazaga ishusho y’ikipe mu mikino yo kwishyura ya shampiyona. Kimwe mu bibazo yabajijwe, ni ikirebana n’imodoka […]

Continuer la lecture

Bukavu: Abayobozi bahungishije imiryango, amashuri n’amaduka birafunga

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Bukavu bavuga ko abayobozi n’abanyamafaranga bahungishirije imiryango yabo mu Mujyi wa Bujumbura n’ahandi. Amashuri, amaduka ndetse n’amabanki byafunze. Abanya-Bukavu bavuga ko n’abanyakazi batarimo gukora kuko batangiye kwikanga umutwe wa M23. Umwe muri abo yagize ati: ‘Ibi bikorwa byose bijya gufungwa, amakuru yabanje gucicikana avuga ko umutwe wa M23 uri […]

Continuer la lecture

U Burundi bwohereje abandi basirikare muri Congo

Igihugu cy’u Burundi cyohereje abandi basirikare mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bajya kongera imbaraga ku bandi boherejwe guhangana n’umutwe wa M23, banyuze mu Gatumba. Muri Nzeri 2023 ni bwo Perezida Evariste Ndayishimiye na Félix Tshisekedi bemeranyije ko ingabo z’u Burundi zinjira muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo zigafasha FARDC, FDLR n’indi mitwe […]

Continuer la lecture