RIB Yerekanye abagabo bakekwaho kwiba imodoka

Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rweretse itangazamakuru agatsiko k’abantu batandatu bakekwaho kwiba imodoka. Izi modoka zari zimaze kwibwa zigera ku enye zasubijwe banyirazo nyuma yo gukurwa mu ntara zitandukanye. Nk’uko byatangajwe na Dr Thierry B. Murangira, Umuvugizi wa RIB, aba bantu babaga barakodesheje imodoka, hanyuma bagahimba […]

Continuer la lecture

Ministiri w’Uburezi Nsengimana yahererekanyije ububasha na Twagirayezu asimbuye

Minisitiri w’Uburezi mushya, Nsengimana Joseph yahererekanyije ububasha na Twagirayezu Gaspard asimbuye kuri uwo mwanya. Ni umuhango witabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri y’Uburezi (MINEDUC), Irere Claudette n’abayobozi bakuru b’ibigo bishamikiye kuri Minisiteri y’Uburezi. Minisitiri Joseph Nsengima yagizwe Minisitiri w’Uburezi yari asanzwe ari  Umuyobozi w’Ikigo  gishinzwe guteza imbere uburezi kuri bose binyuze mu ikoranabuhanga ( Mastercard Foundation). […]

Continuer la lecture

Inkuru itangaje y’umugabo wabonye PhD afite Imyaka 21 ubu akaba ataka ubushomeri

Tathagat Avatar Tulsi yarangije amashuri ye afite imyaka 9, ahabwa impamyabumenyi ya BSc muri Patna Science College afite imyaka 11, kandi yarangije MSc (Master of Science) afite imyaka 12. Yabonye impamyabumenyi ya PhD afite imyaka 21, ndetse aba umwarimu muri IIT Mumbai. Nyamara, ubu ahanganye n’ikibazo cy’ubushomeri. Tathagat Avatar Tulsi azwi nk’umwana w’umuhanga, ni umushakashatsi uzwi […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: Abagizi ba nabi batemye inka y’umuturage iri mu kiraro

Ntamunoza Francine, utuye mu Mudugudu wa Gabiro, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Shangi, mu Karere ka Nyamasheke, yahuye n’ibyago ubwo yabyukaga ku wa Mbere tariki ya 16 Nzeri 2024, agasanga inka ye yatemwe n’abataramenyekana mu buryo buteye urujijo. Abo bagizi ba nabi basanze inka mu kiraro bakayica umurizo ndetse bakanayitema umutsi w’akaguru, bikayibuza guhaguruka. Ibintu […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: Inzu y’abitegura gusezerana yafashwe n’inkongi

Nsengiyumva Elias, w’imyaka 33, n’umugore we biteguraga gusezerana imbere y’amategeko ku wa Gatanu tariki ya 13 Nzeri 2024, bararirira mu myotsi nyuma y’uko inzu yabo yafashwe n’inkongi y’umuriro ku wa Mbere tariki ya 16 Nzeri, ibyo bari batunze byose bikakongoka. Ntagatifu yabuze byinshi mu byari bikenewe mu bukwe bwe ariko yiyemeje ko azakomeza gahunda yo […]

Continuer la lecture

Menya Inzira bicamo kugira ngo Padiri abe Umwepisikopi

Tariki ya 12 Kanama 2024, Papa Francis yagize Padiri Ntagungira Jean Bosco Musenyeri wa Diyosezi ya Butare, asimbura Musenyeri Philippe Rukamba wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka myinshi ayobora iyi diyosezi. Ntagungira Jean Bosco wari usanzwe ari Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Regina Pacis muri Arikidiyosezi ya Kigali, yatangaje ko inshingano zo kuba umwepisikopi zisaba […]

Continuer la lecture

Nyabihu: Abaturage barashinja Gitifu kubarira amafaranga ya Mituweli

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kintarure, Umurenge wa Shyira, mu Karere ka Nyabihu, barataka bavuga ko Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Akagari yabo yanze kubishyurira ubwisungane mu kwivuza (Mitiweli) kandi baramuhaye amafaranga y’ubwisungane ngo abishyurire. Aba baturage, basaga 30, bavuga ko Umunyamabanga Nshingabikorwa yabijeje kubishyurira ubwisungane binyuze mu ikoranabuhanga, ariko ngo kuva muri Kamena 2024 kugeza […]

Continuer la lecture

Abaforomo bari kwigishwa kubungabunga ibimenyetso bya gihanga ku bahohotewe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku bufatanye n’izindi nzego rwatangiye icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa ku baforormo n’abaforomokazi 94 bo mu bitaro by’uturere agamije kubafasha kugira ubumenyi bwimbitse ku kubungabunga ibimenyetso bya gihanga ku bahohotewe bikoreshwa mu butabera. Ni amahugurwa y’iminsi itanu ari kubera i Kigali ku Kicaro cya Polisi kuva kuri uyu wa 16 Nzeri. Ari […]

Continuer la lecture

Rusizi: Bibye inkoko 5 bafatwa bamaze gukarangamo 4 batangiye kuzirya

Ndikumana Ignace w’imyaka 15 na Ishimwe Roberto wa 18 batawe muri yombi bafatanywe inyama z’inkoko 4 bari bamaze gukaranga batangiye kuzirya, mu nkoko 5 bari bavuye kwiba ku muturanyi wabo mu Mudugudu wa Kabirizi, Akagari ka Gahinga, Umurenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gahinga, Munyaneza Théogène yavuze ko aba basore […]

Continuer la lecture

RBC Yemeje Ko Mu Rwanda abagaragayeho Mpox barakize bose

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyemeje ko abarwayi bose bari barwaye icyorezo cy’ubushita bw’inkende (Mpox) mu Rwanda bamaze gukira. Ubuyobozi bw’icyo kigo bwabitangaje ku wa 15 Nzeri 2024, mu kiganiro “Urubuga rw’Itangazamakuru” cyaciye kuri Isango Star TV. Niyingabira Mahoro Julien, umuyobozi ushinzwe isakazabutumwa muri RBC, yatangaje ko abarwayi bane bari barwaye Mpox bamaze gukira ndetse basezerewe […]

Continuer la lecture

Rusizi: Muganga akurikiranweho gufata ku ngufu umunyeshuri wari ugiye kwivuza

Umuforomo w’imyaka 29 wo mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, akurikiranweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa w’imyaka 19 wari uje kwisuzumisha ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye. Byabereye mu Mudugudu wa Mpoga, Akagari ka Kamanu, Umurenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi ku wa 15 Nzeli 2024. Uyu mukobwa wiga […]

Continuer la lecture