Rwandanews24

Rubavu: Urwagwa rukomeje gutesha agaciro abagabo

My wife is beggar and I drink Urwagwa all day, says 28-year old man in Rwanda’s West I have been in jail more than four years because of raping an under-eighteen girl (teenager). After that I decided to marry a Rwandan a wife from Batwa community as I expected her to work hard and earn a living even for me. Working hard is not my passion what I like is just drinking beer and my favorite beer is Banana beer (Urwangwa). What I like the most on my wife is that she wakes up in the morning and gives me 500 Rwandan francs that I will be using all the day in drinking beer then we meet in the evening after her work. “Her work is begging from farmers and rich people’s homes”. With my wife I don’t have to work, she is there for me and no one can go have sex with girls from Batwa tribe without my permission, I am like a king of Batwa in my area.

Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiliba haravugwa cyane amakuru y’abagabo basuzugurwa n’abagore babo, bitewe n’uko ngo aho kujya mu kazi bibeta mu tubari bakirirwamo, nyamara abagore babo bagiye gushakisha amafaranga mu bucuruzi buciriritse.

Ibi byatangajwe n’abagore ubwabo ndetse n’abagabo bo muri uyu Murenge batangarije Imvaho Nshya ko aho bigeze hakenewe inama z’ubuyobozi kugira ngo abagabo bave ku nzoga z’urwagwa ubundi bagane imirimo ifasha imiryango yabo kwiteza imbere kuko ngo ari cyo gisubizo babona.

Rwabasuku Bernard Inshuti y’umuryango mu Murenge wa Nyakiliba, yavuze ko atari abagore bose basuzugura abagabo babo yongeraho ko imwe mu mpamvu abagabo bamwe basuzugurwa n’abo bishakiye ari ubusinzi no guharikana hagati yabo.

Ati: “Ibyo ntabwo twavuga ko ari abagore bose basuzugura abagabo babo, sinabishingaho agati ariko abagabo benshi baharika abagore babo hakaba n’abagore bameze gutyo, nanone bigaterwa n’ubusinzi cyane cyane bweze mu bagabo ariko mu by’ukuri kubera ubuyobozi bwiza, dukomeza kubigisha kuko nka njye ndi inshuti y’umuryango, ayo makimbirane ni yo dukunze gukemura”.

Umuhuza Donata nawe avuga ko hamwe na hamwe mu Murenge wa Nyakiliba hari abagore basuzugura abagabo babo mu buryo bugaragara avuga ko buteye isoni.

Ati: “Abagabo bakomeje gusuzugurwa cyane, ukabona nk’umugabo atumye umugore we, aho atagiyeyo akamusuzugura, akamubwira ngo ntube urambwira ubusa kandi ari umugore we, ubwo urumva aba atamusuzuguye? Gusa biterwa cyane n’uko abagabo badahahira abagore babo na bo bagatangira kubasuzugura”.

Yakomeje agira ati: “Hano n’umugabo ugerageje gukorera amafaranga ayajyana mu kabari, umugore rero yagera mu rugo agatangira kumusuzugura. Abagabo b’inaha bakunda urwagwa cyane (Inzoga y’ibitoki). Ndasaba abagore rero kujya bihangana , yaba agiye kwiyahuza izo nzoga akamwihanganira kabone n’ubwo yajya muri izo nzoga”.

Anicet Kanyamahoro, yasabye abagore kwihanganira abagabo babo , kugira ngo abana batajya bakomeza kubigiriramo ibibazo, ahubwo babona binaniranye bakiyambaza inzego z’ubutabera ibyo ahurizaho n’Inshuti y’Umuryango Rwabasuku Bernard.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba Uwimana Vedaste, yatangarije Imvaho Nshya ko imiryango bazi ibana mu makimbirane ari 43, gusa ngo barakomeza gukurikirana n’icyo kibazo kindi.

Ati: “Dufite imiryango 43 twabonye ibanye nabi, irimo amakimbirane kandi turimo kuyiganiriza, ariko nta ruganda rwenga inzoga z’urwagwa rwihariye, ariko wenda haramutse hari n’amakuru mufite yihariye mwayaduha tukazabikurikirana tukareba. Ubwo tuzabikurikirana turebe.”

Akomeza avuga ko Nyakiliba ari Umurenge w’Ubuhinzi, ufite abaturage batunzwe n’Ubuhinzi gusa.