Rwandanews24

Perezida Ruto yashyize abatavuga rumwe na we muri guverinoma

Perezida wa Repubulika ya Kenya, Dr. William Samoei Ruto, kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024 yatangaje abandi baminisitiri icumi buzuza guverinoma nshya. Mu batangajwe, harimo abaminisitiri bane bavuye mu ihuriro Azimio la Umoja ry’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi.

Abo baminisitiri ni:

Abo mu ihuriro riri ku butegetsi rya Kenya Kwanza barimo:

Harimo kandi:

Tariki ya 19 Nyakanga, Perezida Ruto yatangaje icyiciro cya mbere cy’abaminisitiri bajya muri guverinoma nshya, harimo abahoze muri guverinoma icyuye igihe nka:

Ku wa 11 Nyakanga 2024, Perezida Ruto yasheshe guverinoma nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yamusabaga guhagarika itegeko rigenga ingengo y’imari ryari ririmo ingingo yongera umusoro no gufata ingamba zoroshya imibereho y’abaturage. Yafashe icyemezo cyo kugabanya amafaranga yateganyirijwe inzego za Leta, aca ingengo zitari ngombwa z’abayobozi bajya mu mahanga, akuraho n’ingengo y’imari iteganyirizwa umugore w’Umukuru w’Igihugu, uwa Minisitiri w’Intebe n’uwa Visi Perezida.

Guverinoma nshya ya Kenya iyoborwa na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi. Iyi guverinoma yashyizweho nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Ruto n’abavuga rikumvikana barimo abo mu mitwe ya politiki itavuga rumwe na we.