Rwandanews24

Musanze: Umuturage umaze gutora arimo guhabwa icyayi n’irindazi

Kuri uyu wa 15 Nyakanga, umunsi wihariye ku Banyarwanda bakabakaba miliyoni icyenda biteganyijwe ko bitabira amatora yo kwihitiramo Umukuru w’Igihugu n’Abadepite 53 baturuka mu mitwe ya politiki n’abakandida biyamamaza ku giti cyabo.

Mu karere ka Musanze, mu mudugudu wa Nyiraruhengeri Akagari ka Rwebeya, umuturage umaze gutora arimo guhabwa icyayi n’irindazi.

Abanyarwanda  bazindutse ari benshi bagiye  gutora Perezida n’Abadepite

Abakandida batatu ni bo bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika. Abo ni:

Ku mwanya w’abadepite, abakandida 589 barimo umukandida umwe wigenga bahatanira imyanya 80 mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda muri manda y’imyaka itanu.

Site z’itora hirya no hino mu gihugu ni 2433. Abanyarwanda bazatora bangana na 9.071.157 barimo ab’igitsina gabo barenga miliyoni 4,2, abagore bakaba 53% by’abatora bose, bivuze ko ari 4.845.417.