Rwandanews24

Mpayimana yagaragaje ibintu bitatu azibandaho naba Perezida

Umukandida wigenga uhatanira kuyobora Igihugu, Mpayimana Philippe, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngoma, ahateraniye abaturage baje kumva imigabo n’imigambi ye ikubiye mu ngingo 50. Yibanze ku ngingo 3 zirimo uburezi, ibidukikije, n’inganda.

1. Uburezi

Mpayimana yabwiye abaturage b’i Ngoma ko nibamutorera kuba Perezida wa Repubulika, abanyeshuri bifuza inguzanyo zibafasha kwiga Kaminuza bazajya bazihabwa nta kindi kigendeweho, kuko n’ubundi ngo baba bazishyura izo nguzanyo.

2. Ibidukikije

Mpayimana yagaragaje ko azita ku kurengera ibidukikije, avuga ko hari ingamba nshya azashyiraho kugira ngo habeho umutekano w’ibidukikije ndetse n’imyitwarire irinda iby’ingenzi bikoreshwa n’abaturage mu kubaho kwabo.

3. Inganda

Mpayimana yavuze ko azongera inganda, akazamura umusaruro w’ibikorerwa mu gihugu ndetse no guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu.

Indi migambi ya Mpayimana

Mpayimana Philippe agifata ijambo yasabye abaturage gufata umunota umwe bakunamira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu munota ukirangira yakomeje ashimira Inkotanyi zayihagaritse zikabohora Abanyarwanda ubu hakaba hari umutekano.

Yakomeje abwira abaturage ingamba 50 zizamufasha guteza imbere igihugu naramuka atowe, harimo:

Mpayimana yavuze ko yifuza ko u Rwanda rwabashije kwishakamo ibisubizo ubwo buryo nabwo Afurika yose yabukoresha yishakamo ibisubizo. Yavuze ko ikimugenza muri aya matora atari uguhangana na Kagame ahubwo yifuza gutsinda amatora.

Ati “Ntabwo ngamije gutsinda Kagame, oya, ndashaka gutsinda amatora. Burya iyo turi mu kibuga burya tuba tuzi buri wese ubuhanga bwe.”