Gasabo:Abagizi ba nabi batwikiye umusaza mu nzu bakoresheje Lisansi

NEWS

Mu Karere ka Gasabo, mu Murenge Ndera, abagizi ba nabi bataramenyekana, batwitse inzu ya RUTABAYIRO Francois w’imyaka 71, irashya irakongoka nawe ahasiga ubuzima.

Ibi byabaye ku wa Mbere tariki ya 2 Nzeri 2024, mu masaha ya saa yine z’umugoroba (22h00), mu Kagari ka Cyaruzinge, mu Mudugudu wa Karubibi. Amakuru avuga ko Rutabayiro yari aryamye mu nzu ye, abana be babiri b’abahungu ntibari bahari iryo joro.

Abagizi ba nabi baje bazanye lisansi bayisuka ku nzu, nayo irashya ikongoka, Rutabayiro ahiramo. Abaturage bagerageje kuzimya umuriro ariko baje gusanga umusaza yamaze gushiramo umwuka.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yahamirije ko amakuru y’iki gikorwa bayamenye kandi iperereza ryatangiye.

Yavuze ko bakesha ko hari umuntu waba yari afitanye amakimbirane na nyakwigendera ushobora kuba afite uruhare mu gutwika inzu.

 

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *